 Aloysie CYANZAYIRE President of S.C |
Mu Rwanda, Urukiko rw’Ikirenga nirwo rukiko rukuriye izindi mu gihugu.Ruyobowe na Perezida warwo, Urukiko rw’ikirenga rufite inshingano y’ingenzi yo gukurikirana ko amategeko akurikizwa ku buryo bumwe hakurikijwe ub
Mu by’ukuri, Ubutegetsi bw’ubucamanza ntibwafatwa nk’urwego rutagira aho ruhurira n’imibereho myiza y’abaturage kandi aribwo bubashyira ku murongo.
None se kugira ngo umuryango nyarwanda wajahajwe na jenoside n’intambara byo mu 1994 wongere wiyubake, si ngombwa kwiyambaza inzego zacu kugira ngo tugarure indangagaciro z’ingenzi nko kugira ubutegetsi bushingiye kuri demukarasi, kubaha ikiremwa muntu, guca umuco wo kudahana, ndetse no kurwanya ubukene ?
Mu rwego rwo guharanira kugera kuri izo ntego, uruhare rw’inkiko, harimo n’urw’Urukiko rw’ikirenga, ni ingirakamaro.Twemera ko ubutabera buzira ruswa, bukora vuba kandi neza ari igisubizo cy’ibibazo bihangayikishije abanyarwanda.
Ubwo butabera ni inshingano ya buri mucamanza wacu.
Ingingo ya 143 y’Itegeko Nshinga ryo kuwa 26 (...)Komeza
|